MenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Shakisha
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
- Kwamamaza -
Ad imageAd image
Ubumenyi

Kubera iki umutingito ushobora kuba mu gihe ikirunga kiruka – Impamvu

Menya
Last updated: May 27, 2021 7:44 pm
Menya
ByMenya
Follow:
Share
Umwotsi mwinshi uturuka mu kirunga
Umwotsi mwinshi uturuka mu kirunga
SHARE
Kwamamaza
Kwamamaza

Nk’uko nabivuze mu nyandiko iheruka – (Yisome uciye hano), hari impamvu zitandukanye zitera ikirunga kuruka kandi ibi byose bituruka mu nda y’isi – rero n’umutingito ni uko. Mbese aho tutabonesha amaso yacu.

Contents
  • Mbere y’iruka ry’ikirunga
  • Nyuma y’iruka ry’ikirunga
  • Umusozo

Umutingito iyo uri kuba wumva ubutaka busa nk’ubwizunguje cyangwa se bujegeye. Imitingito iba mu buryo butandukanye kandi igaterwa n’ibintu bitandukanye. Hari iba ifite imbaraga zihambaye n’iba ifite izoroheje bipimwa mu buryo bw’ingufu (magnitude).

Iyo ikirunga kiri hafi kuruka, kiri kuruka cyangwa se kimaze kuruka, hashobora kumvikana umutingito. Kuva nyiragongo yaruka hamaze kuba imitingito myinshi – niba uri mu Rwanda, Congo (Goma) ushobora kuba umaze iminsi uyumva.

Ese ni iki gishobora gutera imitingito igihe ikirunga cyenga kuruka, kiri kuruka cyangwa se kimaze kuruka? Reka turebere hamwe impamvu.

Indi nkuru wasoma: Sobanukirwa igitera ikirunga kuruka

Mbere y’iruka ry’ikirunga

Impamvu ya mbere ishobora gutuma iruka ry’ikirunga ribanzirizwa cyangwa rigakurikirwa n’imitingito ni ingufu biriya bikoma (magma) bisohokana.

Twarabibonye ko magma zituruka ahitwa muri “magma chamber”, iyo zigiye gusohoka rero zizamukana imbaraga nyinshi kugira ngo zibone inzira bigatuma habaho umutingito.

Ikindi kandi ni uko ikirunga gishobora kurukira mu nzira irenze imwe, ni ukuvuga ko biriya bikoma bishobora no guca mu nzira zikikije ikirunga.

Indi nkuru wasoma: Ibintu umaze imyaka myinshi wizera kandi atari ukuri

Umuhanda wacitsemo kabiri. Ifoto: Igihe

Icyo gihe ntabundi buryo usibye gutobora mu butaka, ibyo bitera ihungabana n’isaduka ry’ubutaka ubwo ako kanya hagahita haba umutingito kubera gutandukana k’ubutaka aribwo uzajya ushobora kubona ahantu hagiye hacika imirongo.

Nyuma y’iruka ry’ikirunga

Niba ubyumva neza, iyo magma zivuye mu kirunga ntakizisimbura; bisobanuye ko icyo gihe haba hasigayemo ubusa kandi uko byagenda kose ubutaka ntibwasigara bwitendetse ku bundi. Uti gute?

Kwamamaza
Kwamamaza

Bitewe n’uburemere bw’ibice by’ubutaka bwari buri hejuru y’aho biriya bikoma byavuye ntago byakunda ko bwaguma bwitendetse ku bindi bice.

Ni ukuvuga ko hari ibice bigomba kumanuka bikajya kuziba icyuho cyasigaye aho ibyo bikoma byavuye, aha niho imitingito iza rero.

Indi nkuru wasoma: Ibintu bigaragaza ko isi ari umubumbe udasanzwe

Igice kimanuka kijyenda kikuba ku bindi byegeranye nacyo, icyo gihe bitera ihungabana ku bice byombi, yaba ikimanuka cyangwa se ibisigaye bikaba byateza umutingito.

Umusozo

Ubu nibwo buryo bushoboka cyane mu gutera umutingito mu gihe cy’iruka ry’ibirunga ariko imitingito twumva mu bihe bisanzwe yo si uku ibaho.

Gusa biragoye kwemeza niba umutingito w’ikirunga uri guterwa no [kwitegura] kuruka cyangwa se niba ari ukwisubiranya k’ubutaka nyuma yo kuruka, kubera ko ikirunga gishobora no kongera kuruka ari nacyo kibazo giteje impagarara ku kirunga cya nyiragongo.

Niba ukunda inyandiko za Menya ushobora kujya umenyeshwa muri Email yawe mu gihe inyandiko nshya zasohotse bitakugoye. Nyura muri form iri munsi!

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ibintu bidasanzweibintu bitangajeikirungaMenyanyiragongoUbumenyi
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ikirunga kiri kuruka Sobanukirwa igitera ikirunga kuruka
Next Article Umupira w'amaguru Uduhigo 5 tudateze gukurwaho vuba mu mupira w’amaguru.
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi nyandiko

Ibintu byangombwa ukwiye kumenya ku burwayi bwa Autisime
Ubumenyi
Nujya gukora urugendo rw’indege ujye uhora uzirikana ibi bintu 6
Ubumenyi
Abami b'u Rwanda bakurikiranaga mu buryo bwihariye.
Abami b’u Rwanda: Uburyo bworoshye bwo kumenya uko bakurikirana
Inkuru

You Might Also Like

Inkuru

Ubusaza bwacu: Ibintu 5 bidutegereje.

By Menya
Ikiyaga cya Kivu n'amato
Ubumenyi

Ikiyaga cya Kivu: Ese Gaze irimo iteye inkeke?

By Menya
Inkuru

Ibihe 17 bisekeje byaranze Amashuri abanza kuri buri muntu.

By Menya
Umugabo uri kureba filime
Inkuru

Lisite ya Filime 40+ na Series 15 nziza zaranze 2021

By Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Inkuru zo gutebya
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2026 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya
Copyright © 2026 Menya.co.rw.