Search

Ibintu 6 abantu benshi(99%) batashobora gukora n’umubiri wabo

Inshamake

Kwamamaza
Kwamamaza

Abantu bose ku isi baba bafite ubushobozi butandukanye, aribyo dukunze kwita impano. Bamwe muri bo baba bakora ibintu bitangaje nko kuzunguza amatwi, gukoza ururimi ku zuru ndetse n’ibindi.

Impamvu biba bidasanzwe ni uko ntago ari umuntu uwo ariwe wese wabishobora ahubwo bishobora bacye cyane.

Hano kuri Menya twashatse ibintu bitandatu utashobora gukoresha umubiri wawe. Gusa nk’uko nabivuze kubikora birashoboka ariko ni abantu mbarwa babikora bigakunda.

#1 Kurigata inkokora

Mu by’ukuri, uburyo umubiri w’umuntu ukoze hari ibice biba bitapfa guhura ku buryo kubihuza biba bigoye cyane.

Niba wumva ushobora gukora ikintu ushaka ku mubiri wawe. Ibi ntago bishobora kukorohera, yewe ushobora no kutabibasha.

#2 Kuzengurutsa akaboka n’akaguru

Ubyizere, ibi bikomeye kurusha uko ubikeka.

Gerageza kuzengurutsa akaboko kawe ukaganisha i buryo ubundi unazengurutse akaguru ukaganisha i bumoso. Cyangwa se mu bundi buryo, ubwo akaboko karagana i bumoso akaguru kajye i buryo.

Wabishoboye?

#3 Guhinira ururimi hasi

Ubundi urabi ko guhina ururimi ukarugira nk’agaheha ari ibintu byoroshye cyane, ariko ibi bigakunda waruhiniye hejuru.

Iki cyo gisa nk’ikitanashoboka. Ngaho noneho ruhinire munsi urebe ko bikunda.

#4 Kwikirigita ugaseka

Ushobora kuba utazi ko udashobora kwikirigita. Ntiwabishobora rwose, kuko kugira ngo umuntu agukirigite useke ni uko ubwonko buba butabyiteguye.

Iyo rero wikirigise ni igikorwa ubwonko buba bwotegiye rero k’ubw’ibyo ntushobora guseka.

#5 Kuzamura mukuru wa meme

Ukeka ko noneho mu bintu ufiteho ubushobozi 100% n’intoki zawe zirimo kubera ko uzihina uko ushaka cyangwa ukaba wazikoramo ibimenyetso nka peace. Sobyo?

Niba aribyo rero reka nkwereke ibintu unkorera:

Fata ikiganza cyawe ukirambike ku meza, hinira munsi urutoki rwa mukuru wa meme(urutoki rujyaho impeta) izindi zisigare zirambuye, ngaho noneho zamura musumbazose.

Ntibyoroshye se? Biroroshye.

Ngaho noneho kuri iyi ncuro hina musumbazose(urutoki rusumba izindi zose), ubundi ugerageze kuzamura mukuru wa meme yonyine urebe ko bikunda.

Byakunze? Ndakeka bitakunze.

#6 Kwitsamura ureba

Ni ibintu byakuvuna cyane kwitsamura ureba kuko iyo ugiye kwitsamura urahumiriza nta kabuza. Ibi byo ni ibintu byikora, ntago umuntu yabikora ariko nabyo birakaze kubikora.

Umusozo

Hari icyo wabashije gukora muri ibi? Niba hari kimwe muri ibi, ikomere amashyi uri umuntu udasanzwe rwose.

Niba ushaka kujya kuri list y’abasomyi ba menya wakiyongera kuri list ukoresheje form iri munsi. Mukomeze kuryoherwa n’iminsi mikuru!

Ntugacikwe n'inkuru zigezweho

Ushobora kumenya inkuru nshya zageze kuri Menya.co.rw n’ibindi bintu by’ubwenge.

Wemeye ko email uduhaye tuzayifashisha mu kukugezaho inyandiko, inkuru cyangwa se izindi nyandiko za Menya.co.rw byonyine.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZINDI NKURU

Facebook

@menyarw

Twitter

@menyarw

Instagram

@menya.co.rw

Kwamamaza
Kwamamaza

Ntugacikwe n'inkuru zigezweho

Ushobora kumenya inkuru nshya zageze kuri Menya.co.rw n’ibindi bintu by’ubwenge.

Wemeye ko email uduhaye tuzayifashisha mu kukugezaho inyandiko, inkuru cyangwa se izindi nyandiko za Menya.co.rw byonyine.

Kwamamaza
Kwamamaza
Ese waba kunda kureba Filime?
Akira iki gitabo ujye ureba filime ushaka iyo ariyo yose igihe cyose ushakiye kandi mu buryo bworoshye.
Ese waba kunda kureba Filime?
Akira iki gitabo ujye ureba filime ushaka iyo ariyo yose igihe cyose ushakiye kandi mu buryo bworoshye.
Skip to content