MenyaMenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Search
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika
© 2026 Menya.co.rw. All rights reserved.
Ubumenyi

Utuntu n’utundi utigeze wumva ahandi (twagutera kwibazaho)

Menya
Last updated: February 6, 2021 11:18 pm
Menya
Share
SHARE

Igihe cyose ukiri ku isi, nayo ntizahwema kukuzanira udushya ku buryo bizagutangaza rimwe na rimwe ugafata icyemezo cyo kubifata uko bimeze(niko bijyenda) ukavuga uti “ni utuntu n’utundi” ubundi ukikomereza.

Contents
  • #6 Indege yahagurutse muri 2016 igwa muri 2015
  • #5 Ikirwa kiri mu kiyaga kiri ku kirwa kiri mu kiyaga kiri ku kirwa
  • #4 Urutoki rw’impeta y’ubukwe kuki rujya i bumoso
  • #3 Aho ubutayu buhurira n’inyanja muri Namibia
  • #2 Itariki yo kurangira kw’amazi yo mu icupa
  • #1 Ubutayu bwa Sahara ntibugizwe n’umucanga gusa

Soma hano udushya duhamya ko isi ari umubumbe udasanzwe.

Rero hari ibintu biba bisaba no kubisomeza amazi ngo byumvikane. Shyira amazi hafi kugira ngo turebere hamwe ubudasa bw’isi udashobora gusobanukirwa mu buryo bworoshye.

#6 Indege yahagurutse muri 2016 igwa muri 2015

Indege ya Hawaaian Airlines yasubiye inyuma mu gihe.

Niba ureba film uzi icyo bita “Time travel” aho umuntu ashobora kuva mu mwaka umwe ajya mu wundi mwaka w’ahahise cyangwa ahazaza. Birumvikana cyane ko bitashoboka!

Ariko ibi byabayeho aho indege ya HAWAIIAN Airlines yasubiye inyuma mu gihe. Iyi ndege yahagurutse i Tokyo mu ku italiki ya 1 z’ukwa mbere 2016 saa sita n’iminota icumi(00:10 – Umwaka mushya!), igwa i Honolulu muri Hawaii ku italiki ya 31 z’ukwa cumi n’abiri 2015 saa tanu na mirongo itatu n’itanu(23:35).

Kwamamaza
Kwamamaza

#5 Ikirwa kiri mu kiyaga kiri ku kirwa kiri mu kiyaga kiri ku kirwa

Taal lake ifite ubudasa | ifoto: Awesci

Mu gihugu cya Philippines, mu kiyaga cya Taal n’ikirwa cya Luzon hariyo ibintu bisa nk’ibidasanzwe, buretse no kubisobanukirwa ubwabyo no kubivuga ni ikindi kizamini kitoroshye.

Muri iki gihugu hari ikirwa kiri mu kiyaga ariko icyo kiyaga nacyo kikaba kiri ku kirwa nacyo kiri mu kindi kiyaga nacyo kiri ku kirwa. Okay, tuza gato ubanze ubisobanukirwe!

Ubwo bimeze gutya: Luzon Island> Taal lake > Volcano island > Main crater lake > Vulcan Point.

#4 Urutoki rw’impeta y’ubukwe kuki rujya i bumoso

Urutoki rumwe nirwo rufite umutsi ujyera ku mutima.

Nanjye najyaga ntekereza nti “kubera iki ubundi ntakambara impeta y’ubukwe nko ku gikumwe”? Kubera iki ari i bumoso kandi ku rutoki rubanziriza agahera(Mukubitarukoko)?

Nk’umugenzo wazanywe n’abaromani burya bemeraga ko ruriya rutoki arirwo rwonyine rufite “umutsi ujyenda ukagera ku mutima”, barwitaga Vena Amoris.

Rero ikimenyetso cyo kwambara impeta kuri rutoki bakagifata nko guhuza imitima y’abashakanye… Gusa ubu birazwi ko intoki zose zifite imitsi ijyera ku mutima.

Kwamamaza
Kwamamaza

#3 Aho ubutayu buhurira n’inyanja muri Namibia

Desert ya Namib ihura n’inyanja ya Atlantic

Mu busanzwe ubutayu n’inyanja ntibihuza bitewe n’imiterere. Ibi bishobora gutuma ukeka ko amazi ntaho ahurira n’ubutayu ariko siko bimeze.

Muri Namibia hari agace ubutayu bwa Namib buhurira n’inyanja ya Atlantic, ku buryo aho ubutayu busoreza ariho hari inkombe z’inyanja. Gusa si aha honyine, hari n’utundi duce dutandukanye tumeze gutya.

#2 Itariki yo kurangira kw’amazi yo mu icupa

Amazi ntarangiza igihe, ahubwo icupa.

Kuki ubundi amacupa y’amazi yo mu nganda azaho itariki yo kurangira? Wowe urumva byumvikana! Icyo dushobora kwemeranya ni uko amazi atapfa abaye afunze neza kuriya.

None ni ukubera iki bashyiraho igihe cyo kurangira(Expiration date) ku mazi? Burya kiriya gihe ni icy’amacupa ntago ari icy’amazi, kuko bovugwa ko icupa rya plastic rishobora kurangiza igihe rikanduza amazi aririmo.

#1 Ubutayu bwa Sahara ntibugizwe n’umucanga gusa

Ubutayu bwa Sahara bugizwe na 25% by’umucanga

Ubutayu bwa Sahara(Sahara desert) bufite ibintu byinshi cyane buzwiho. Gusa hagati aho hari n’ibindi bidasanzwe aba

Burya ubu butayu butagizwe n’umucanga gusa(nk’uko ubibona muri film cyangwa ahandi, kuko ugize 25% byabwo bwose. Wasangamo urusekabuye, imisozi, Oasis ndetse n’ibindi.

Inkuru wasoma: Ibintu ukwiye kwibaza kuri filime.

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ibintu bidasanzweibintu bitangajeimibareinyanjaUbushoboziubutayu
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Udushya 5 duhamya ko isi ari umubumbe udasanzwe
Next Article Ibintu wumva bisanzwe ariko bibujijwe mu bindi bihugu
1 Comment
  • Mugisha says:
    December 3, 2022 at 2:49 pm

    Ahaaa! N ubuhanga guxa..no kuvuga ikiyaga kiri mu kirwa ki.. Birangoye 2 thanx 4 all mutumenyesha ibyo tutamenya ndi uganda mbakurikirana every time!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Iforo iriho udu kibe 5 dukoze ijambo ISHYARI.
InkuruUbumenyi

Ishyari: Ni Iyihe Mpamvu Iritera?

By
Menya
Umujyi w’impanga (Kodinhi)
Inkuru

Inkuru zisekeje kandi zitangaje ku bantu b’impanga

By
Menya
Ubumenyi

Telephone 10 zihenze kurusha izindi ku isi

By
Menya
Inkuru

Udushya 5 duhamya ko isi ari umubumbe udasanzwe

By
Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Inkuru zo gutebya
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2025 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya