Mu nama ya 20 y’umushyikirano, Bruce Melodie yagaragaje ikibazo kijyanye n’uko abahanzi n’abanyempano bo mu Rwanda bagorwa no gukorera amafaranga kuri Murandasi bizwi nka ‘monetization’ mu cyongereza.
Ese ibi nibyo koko birashoboka ko umuntu utuye mu Rwanda yatungwa no gukoresha imbuga nkoranyambaga. Niba aribyo se ni izihe mbuga nkoranyambaga zishyura amafaranga menshi kurusha izindi?
Muri iyi nyandiko turagaruka ku mbuga nkoranyambaga zishyura neza kurusha izindi.
Ese koko birashoboka kwinjiza amafaranga ku mbuga nkoranyambaga?
Imbuga nkoranyamba zifite ubushobozi bwo kubyara amafaranga. Hari abantu bifashisha uburyo butandukanye bakabyaza izo mbuga amafaranga.
Icyakora ntabwo ariko imbuga nkoranyambaga zose zishyura, kandi n’izishyura ntabwo zishyura mu buryo bungana ku mpamvu zitandukanye. Ariko inyinshi muri izo ziramenyerewe no mu Rwanda.
Kugira ngo ubyumve, reka mpere ku mibare yerekeye ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga. Ibyegeranyo bya Manochi na DataReportal bigaraza ku kugeza muri Mata 2026 ku mbuga nkoranyambaga habariruyeho konti zibarirwa muri miliyari 5.79.
Ugenekereje, hafi abantu 6 mu 10 batuye isi bakoresha nibura rumwe mu mbugankoranyambaga ziri ku isi. Bityo rero, nk’uko hari abakoresha imbuga nkoranyambaga mu gukemura ibibazo bitandukanye, hari n’abandi batunzwe nazo kuko zibinjiriza amafaranga.
Niba ufite igitekerezo cyo gukorera amafaranga ku mbuga nkoranyambaga ni ingenzi ko umenya uko zirutanwa mu kwishyura. Ibi byanakorohereza gukora igenamigambi ry’imbuga nkoranyambaga wakoresha kugira ngo ukorere amafaranga.
Kwishyura ku mbuga nkoranyambaga bikora bite?
Mbere, umubare w’abareba itangazo (ad) niwo wakoreshwaga mu gupima amafaranga umuntu yinjiza ku mbuga nkoranyambaga.
Ariko uko iminsi yagiye ishira hagiye haza ubundi buryo butandukanye nko gutanga impano, inkunga, serivisi zishyurwa, n’ibindi byinshi.
Ubu kwibanda ku mubare w’abareba serivisi cyangwa ibicuruzwa byamamazwa ntabwo byaguha ishusho nyayo y’amafaranga umuntu yinjiza ku mbuga nkoranyambaga.
Mu by’ukuri, nta buryo nta buryo ntakuka bwo gupima ngo umenye urubuga nkoranyambaga rutanga amafaranga menshi ku muntu.
YouTube

YouTube ikoresha uburyo bwo kwishyura abantu hagendewe ku bantu barebye itangazo (ad) runaka. Igipimo cya mbere kitwa Revenu-per-mille (RPM), bivuze ngo ibyo winjije ku bantu 1,000.
Ubu uburyo bukoreshwa kuri video z’ubwoko bwose, haba Shorts na Video zisanzwe (ndende). Icyakora Shorts na Video zisanzwe ntibyinjiza kimwe.
YouTube Shorts nayo yinjiye mu mukino wo kwinjiza amafaranga, ifite uburemere buri hagati ya $0.01 na $0.05 ku bantu 1,000 bayirebye.
Video isanzwe yo ishobora kwinjiza hagati $1 na $12 ku bantu 1,000 bayirebye bitewe n’icyiciro uherereyemo.
N’ubwo Shorts zitagenewe amafaranga menshi nk’aya video zisanzwe, ariko burya nizo zirebwa cyane. Aho niho zigaruriza.
- Abantu 1,000:
- Reel: Hagati ya $0.01 na $0.05
- Video: Hagati ya $1 na $12
- Abantu 10,000:
- Reel: Hagati ya $0.1 na $0.5
- Video: Hagati ya $10 na $120
- Abantu 100,000:
- Reel: Hagati ya $1 na $5
- Video: Hagati ya $100 na $1,200
- Abantu 1,000,000:
- Reel: Hagati ya $10 na $50
- Video: Hagati ya $1,000 na $12,000
Ubwo wakomeza ugakora imibare ukaregereranya n’abo uteganya. Nk’uko bigaragara ntabwo Shorts zishyura cyane nka video zisanzwe.

Wari uzi ko Facebook ariryo ya mbere yatangije kwishyura abantu mu buryo bwo kwamamaza? Ibi yabitangiye mu mwaka wa 2007.
Ibiciro byo kwishyura kuri Facebook biratandukanye cyane hagati y’ubwoko butandukanye bw’ibikubiyemo. Kwamamaza muri video byinjiza hagati ya $2 na $5 ku bantu 1,000 barebye iryo tangazo.
Ibiciro bya video ntoya (Reels) biri hasi ugereranije na video ndende, aho Reel ishobora kwinjiza hagati ya $0.01 na $0.2 ku bantu 1,000.
Ni ukuvuga ngo ushobora guteganya kwinjiza amafaranga angana gutya kuri Reel ya Facebook:
- Abantu 1,000:
- Reel: Hagati ya $0.01 na $0.2
- Video: Hagati ya $2 na $5
- Abantu 10,000:
- Reel: Hagati ya $0.1 na $2
- Video: Hagati ya $20 na $50
- Abantu 100,000:
- Reel: Hagati ya $1 na $20
- Video: Hagati ya $200 na $500
- Abantu 1,000,000:
- Reel: Hagati ya $10 na $200
- Video: Hagati ya $2,000 na $5,000
Icyitonderwa: Nk’uko twabibonye kuri YouTube, amafaranga Facebook ihembwa ahanini aterwa n’amatangazo yamamazwa.
Niba abamamaza amatangazo n’ibikubiyemo babyishyuye amafaranga menshi, amafaranga winjiza nayo ashobora kuba nziza.
TikTok

TikTok iri mu mbuga nkoranyambaga zikoreshwa cyane kandi zinishyura neza. ntabwo byashyizwe mu mabuye. Ahubwo, biva muri porogaramu ya TikTok y’ibihembo by’abakoze. Kuri ubu, byemezwa ko ushobora kwinjiza hagati ya $0.02 na $0.04 kuri buri bantu 1,000 bareba.
Ni ukuvuga ngo ushobora guteganya kwinjiza amafaranga angana gutya kuri TikTok kuri video:
- Abantu 1,000: Hagati ya $0.02 na $0.04
- Abantu 10,000: Hagati ya $0.2 na $0.4
- Abantu 100,000: Hagati ya $2 na $4
- Abantu 1,000,000: Hagati ya $20 na $40
Ntabwo TikTok yishyura amafaranga menshi ku bantu barebye video ahubwo ni uko ikoreshwa n’abantu benshi.
Kimwe na Shorts za YouTube cyangwa Reels za Facebook, kwishyura kuri TikTok biri hasi ugereranyije no ku zindi mbuga, kuko ahanini ishingiye kuri video ngufi.
Hari izindi mbuga zishyura neza ariko zikoresha uburyo butandukanye n’ubwo twabonye hejuru. Izi mbuga nkoranyambaga ni Instagram na X (yahoze yitwa Twitter).
X (Twitter)
X yo irihariye mu buryo ikoresha bwitwa Creator Revenue. X ifite uburyo butoroshye bwo gukoreraho amafaranga bitewe n’amabwiriza akakaye.
Urugero, uhembwa ari uko ufite konti yishyurwa (Premium followers) kandi ugahemberwa abantu bagukurikira kandi nabo bishyura konti zabo (Premium followers).
Ugereranyije, ushobora kwitega kubona hagati ya $0.0085 na $10 kuri konti 1,000 ziri Premium . Ubwo bivuze ko udashobora kwinjiza amafaranga udafite konti yishyurwa cyangwa ukurikirwa n’abantu benshi nabo batishyura.
- Konti za Premium 1,000: Hagati ya $0.85 na $10,000
- Konti za Premium 10,000: Hagati ya $0.2 na $0.4
- Konti za Premium 100,000: Hagati ya $2 na $4
- Konti za Premium 1,000,000: Hagati ya $20 na $40
Instagram nayo ifite umwihariko. Uru rubuga nubwo rukoreshwa cyane kandi rukaba ari n’urwa Meta ariyo ifite Facebook ntabwo ikora nkayo mu bijyanye no kwishyura.
Ntabwo Instagram ihembera kwamamaza mu buryo bumwe na Facebook cyangwa YouTube. Icyakora uburyo buhari bwo gukorera amafaranga binyuze kuri Instagram ni impano.
Umuntu ukoresha Instagram ashobora kubona impano y’inyenyeri ashobora guhabwa n’abamukurikira. Inyenyeri imwe iba ifite agaciro ka $0.01 kandi u Rwanda ntiruri ku rutonde rw’ibihugu byemerewe ubu buryo.
Bivuze ko gukorera amafaranga kuri Instagram biterwa n’uko umuntu akorana n’abamukurikira cyangwa yamamariza.
Hari n’izindi mbuga nkoranyambaga zitandukanye kandi nazo zigiye zifite uburyo butandukanye bwo kwinjiza amafaranga.
Dore urutonde rw’izindi mbuga nkoranyambaga ushobora kwinjirizaho amafaranga:
- Snapchat
- Twitch
Umusozo
Nibyo imbuga zirahemba kandi umuntu utuye mu Rwanda ashobora gutungwa no gukoresha imbuga nkoranyambaga. Nanone bisaba gukora igenamigambi ukamenya neza izagufasha kwinjiza amafaranga menshi yagutunga nyine.
Icyakora siko zose zakwinjiriza kimwe, uko bigaragara YouTube iyoboye izindi mu guhemba neza. Nanone ushobora gukoresha izo ushaka zose ariko icya mbere ni ukumenya urwo wakibanda bitewe n’icyo ugamije.
Niba icyo ugamije ari ukwinjiza amafaranga, YouTube niwo muvuno.
Niba hari igitekerezo watwandikira muri comment tugasangira ijambo uko ubona ibijyanye no gukorera amafaranga kuri murandasi!

