MenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Shakisha
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
- Kwamamaza -
Ad imageAd image
Ubumenyi

Ibintu utari uzi mu muziki

Menya
Last updated: May 20, 2021 6:44 pm
Menya
ByMenya
Follow:
Share
SHARE
Kwamamaza
Kwamamaza

Umuziki ni ikintu uzasanga abantu benshi bakunda cyane, utazi kuririmba yumva indirimbo z’abandi, ariko ubizi we hari n’igihe yicurangira ize akaba ariko aryoherwa n’umuzi.

Contents
  • #5 Band y’abantu bane bitiranwa amazina yombi itwa
  • #4 Igitaramo cy’ubuntu cyitabiriwe n’abantu benshi
  • #3 Umuntu wacuranze guitar igihe kirekire
  • #2 Fender ni igitangaza
  • #1 Indirimbo ya Eminem ifite agahigo

Rero nk’uko nta hantu hataba udukoryo no mu muziki habamo udukoryo dutandukanye. Uyu munsi naguteguriye ibintu bitangaje mu muziki ushobora kuba utari uzi.

#5 Band y’abantu bane bitiranwa amazina yombi itwa

Ndahamya ntashidikanya ko uwaguha ikizamini cyo gushaka abandi bantu batatu mwitiranwa amazina yombi, byakubiza icyuya uramutse unagize Imana ukababona.

Noneho gushaka abo muhuje imyidagaduro byo byaba ihurizo rikomeye cyane. Rero kuri iyi si hari itsinda ry’umuziki (Band) rigizwe n’abantu bane bitiranwa amazina yose.

Iyi band igizwe n’abagabo bane bitwa Paul O’Sullivan, ikaba yaratangijwe na Paul O’Sullivan wo muri Baltimore akaba yarihuje n’abo muri; Manchester (acuranga bass), Rotterdam (Acuranga guitar) na Pennsylvania (acuranga ibinyuguri [percussion]).

#4 Igitaramo cy’ubuntu cyitabiriwe n’abantu benshi

Si igitangaza kubona igitaramo cy’ubuntu aho abantu batishyuzwa kugira ngo bitabire, mu Rwanda biraba cyane n’ahandi hatandukanye ku isi.

Igitaramo cya Rod Stewart nticyari gisanzwe

Umwihariko w’igitaramo cya Rod Stewart cyo mu 1994 yakoreye muri Brazil ni ubwitabire budasanzwe bw’icyo gitaramo kuko cyitabiriwe n’abantu barenga miliyoni enye n’ibihumbi maganabiri (4,200,000).

#3 Umuntu wacuranze guitar igihe kirekire

Niba ucuranga guitar, urabizi neza uko bijyenda ku ntoki iyo ucuranze igihe kirekire, biravuna cyane. Ariko rero hari abantu baba bafite icyo nakita imbaraga zidasanzwe.

Umuntu wakinnye guitar igihe kirekire

Umugabo bita Scott Burford yacuranze guitar ubudahagarara amasaha 125 (iminsi 5 n’amasaha 10), ngo? Yego, ubu afite agahigo k’umuntu wacuranze igihe kinini ubudahagarara. N’ubwo bitaremezwa na Guinness World Records (ubu ufite agahigo kemewe yamaze amasaha 114).

#2 Fender ni igitangaza

Ubyumve ute kuba wakora ikintu udashobora gukoresha? Ibintu biba bigoye cyane kumvikana.

Kwamamaza
Kwamamaza

Iyo ubonye ikirango cya Fender, mbere na mbere utekereza guitar. Sibyo? Iyi kompanyi yatangiwe n’uwitwa Leo Fender, ikaba izwiho gukora guitar nziza cyane. Uyu Leo Fender ni umwe mu bantu ba mbere bakoze guitar ijya ku muriro (Telecaster).

Leo Fender, Ifoto: Guitar.Com

Igitangaje kurusha ibindi ni uko uyu Fender yari azi gukora no gusana guitar ariko atazi gucuranga ijwi na rimwe kuri iki gikoresho cy’umuziki (guitar), yewe ntiyari azi no kuyiregera. Ahubwo yari azi gucuranga Saxophone.

#1 Indirimbo ya Eminem ifite agahigo

Ninde utazi ko Eminem ari mu bantu baririmba bihuta cyane? Ketse utamuzi. uyu muhanzi yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye nka I’m not Afraid, Lose yourself n’izindi nyinshi.

Eminem mu ndirimbo ye yitwa “Rap God” afitemo agahigo ko kuririmbamo amagambo menshi. Muri iyi ndirimbo aririmbamo amagambo 1,560 mu gihe cy’iminota 6 n’amasegonda 10. Ni ukuvuga ngo ni impuzandengo y’amagambo 4.2 ku isegonda.

Niba ukunda inyandiko za Menya ushobora kujya umenyeshwa muri Email yawe mu gihe inyandiko nshya zasohotse bitakugoye. Nyura muri form iri munsi!

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ibintu bitangajeibintu utari uziinkuru zitangajeUbumenyiumuziki
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Menya ibintu utari uzi ku mabendera y’ibihugu bitandukanye ku isi
Next Article Umujyi w’impanga (Kodinhi) Inkuru zisekeje kandi zitangaje ku bantu b’impanga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi nyandiko

Ibintu byangombwa ukwiye kumenya ku burwayi bwa Autisime
Ubumenyi
Nujya gukora urugendo rw’indege ujye uhora uzirikana ibi bintu 6
Ubumenyi
Abami b'u Rwanda bakurikiranaga mu buryo bwihariye.
Abami b’u Rwanda: Uburyo bworoshye bwo kumenya uko bakurikirana
Inkuru

You Might Also Like

Iturika ry’uruganda rwa rwa gas rwa Bophal
Ubumenyi

Impanuka zikomeye z’inganda za mbere mu mateka y’isi

By Menya
Imashini iri kwerekana amabuto ya YouTube.
Ubumenyi

Amagambo Subscribe, Like, na Share avuze iki ku bakoresha YouTube?

By Menya
Inkuru

Icyo wamenya kuri Filime “A Quiet Place” igice cya 2.

By Menya
Umujyi wa Dar es Salaam
Ubumenyi

Ibihugu 5 byimuye imirwa mikuru

By Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Inkuru zo gutebya
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2026 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya
Copyright © 2026 Menya.co.rw.