MenyaMenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Search
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika
© 2025 Menya.co.rw. All rights reserved.
Ubumenyi

Inkomoko y’ijambo “Geto (ghetto)”

Menya
Last updated: December 9, 2021 6:20 pm
Menya
Share
SHARE

Ghetto ni ijambo rigaruka kenshi mu mvugo z’abantu benshi, rimenyerewe gukoreshwa mu buryo bwinshi. Ese waba uzi inkomoko y’iri jambo n’icyo risobanura?

Contents
  • Inkomoko y’ijambo “ghetto”
  • “Ghetto” muri Amerika
  • Umusozo

Iri jambo rikoreshwa mu buryo bwinshi aho nko mu Rwanda rikoreshwa mu kuvuga inzu umuntu akodesha, cyangwa se indi nzu iciriritse.

Uzabaza umuntu uti ese uba iwanyu? Iyo yibana (akodesha) rimwe na rimwe uzumva agusubiza ati “wapi, mba ghetto” bishatse gusobanura ko akodesha.

Izina ghetto bakunze kuryitirira uduce tw’ibyiciro by’abantu bari mu bukene badafite amikoro yo kuba mu nzu zigezweho. Kubera iki “Ghetto”? Ni he iri jambo ryaturutse? Ni iki cyatumye ryitirirwa iki igisobanuro?

Ibi byose urabimenyera muri iyi nyandiko ya Menya.

Indi nkuru wasoma: Amateka y’ubwato bwa TITANIC: Impanuka ikomeye y’ikinyejana cya 20

Inkomoko y’ijambo “ghetto”

Ghetto za cyera - ijambo ghetto rifite inkomoko mu kinyejana cya 16.

Rimwe na rimwe ghetto aba ari inzu cyangwa se uduce tuba turimo abantu bafite imibereho iciriritse ku buryo izo nzu ziba zitajyanye n’icyerekezo cy’aho hantu.

Mbere na mbere, ijambo “Ghetto” bivugwa ko rituruka ku nshinga “gettare” yo mu rurimi rwa venetian, bishatse gusobanura “guca / gucibwa”

Kwamamaza
Kwamamaza

Inyandiko zitandukanye zivuga ko “ghetto” ari inyito ifite inkomoko mu kinyejana cya 16 ahayinga mu mwaka wa 1516 mu mujyi wa Venice aricyo bitaga “venetian ghetto”. Abantu babaga aha babaga babayeho ubuzima butandukanye n’indi mijyi.

Utu twari uduce tw’umujyi wa Venice (ubutaliyani) abayahudi b’abimukira batari bemerewe kuvamomo kubera ko batari bahuje imyemerere n’abandi baturage. Ibi byabaye kuva mu kinyejana cya 16 kugeza mu kinyejana cya 18.

Mu mpera y’ikinyejana cya 18 izi ghetto zagiye zikurwaho uko imyaka yashize, iyanyuma yari “ghetto y’i Roma” yakuweho mu 1870.

Si aha gusa iri jambo ryakoreshejwe mu mateka hari ahandi hantu hatandukanye gusa usanga ubusobanuro bw’iri jambo bujya gusa.

Urugero, iri jambo ryakoreshejwe cyane mu bihe bya holocaust mu ntambara ya 2 y’isi, abadage bafataga abayahudi bakabafungira mu mazu mato cyane nayo akitwa ghetto. Icyakora nyuma y’intambara ya kabiri y’isi ayo mazu yakuweho burundu.

Indi nkuru wasoma: Amateka ya Ferruccio Lamborghini: Imfungwa yashinze uruganda rw’imodoka

“Ghetto” muri Amerika

Ghetto yo muri Amerika
Ghetto zigezweho

N’ubwo bigaragara ko iri jambo ryatangiranye n’abayahudi, ariko ubu muri leta zunze ubumwe za Amerika iyo umuntu arivuze ntakabuze umuntu ahita yumvamo isano n’abirabura (Black Americans).

Kwamamaza
Kwamamaza

Ku birabura iri jambo ghetto ryakoreshwaga mu kumvikanisha uduce babagamo (abirabura) twari twarahejwe kuva mu myaka ya 1910, icyo gihe ntago abirabura bari bemerewe kujya aho bashatse.

Icyo gihe hari amategeko abuza abirabura kuba batura mu mijyi ndetse n’uduce tumwe na tumwe twabaga dutuyemo abazungu benshi.

Aya mategeko byaje kugaragara ko yari ahabanye n’itegeko nshinga mu mwaka wa 1917 mu rubanza ruzwi nka “Buchanan V. Warley, 245 U.S (1917)“.

Iri jambo ryakomeje gukoreshwa n’ubu rifite amateka ndetse n’icyo risobanuye ku moko y’abirabura ndetse n’abayahudi bitewe n’uko ryagiye rikoreshwa mu kugaragaza ivangura.

Umusozo

Ghetto ni ijambo rifite inkomoko mu Butaliyani ariko rifite igisobanuro ku bayahudi kubera imibereho bari barimo mu gace ka Venuce.

Iri jambo n’ubwo ari aha ryatangiriye ariko ryagiye rikoreshwa n’ahandi henshi kandi n’ubu riracyakoreshwa mu kugaragaza uduce dufite ubuzima butifashe neza, cyangwa se tubayeho mu bucyene.

Wowe se wumvaga ghetto bishatse gusobanura iki?

Wakoze gusoma iyi nkuru, niba ukunze iyi nyandiko cyangwa se ufite igitekerezo ushaka kongeraho, wasiga ubutumwa muri comment ahagana hasi tukungurana ibitekerezo.

Niba ukunda inyandiko za Menya ushobora kujya umenyeshwa muri Email yawe mu gihe inyandiko nshya zasohotse bitakugoye. Nyura muri form iri munsi!

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ibintu bidasanzweMenyaUbumenyiUtuntu n’utundi
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umuvundo w'imodoka (ambutiyaje) zihagaze Dore ibihugu 20 bifite umuvundo w’imodoka kurusha indi yose ku isi.
Next Article Amano n'inzara z'umwana Kubera iki umuntu agira inzara z’amano?
1 Comment
  • MIGISHA First says:
    September 26, 2022 at 1:14 pm

    Murakoze cyane ku bumenyi muduhaye!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Inkuru

Inkuru zisekeje kandi zinatangaje utakihanganira guseka

By Menya
Umusozi ufite izina rirerire ku isi
Ubumenyi

Umusozi ufite izina utabasha gusoma

By Menya
Ubumenyi

Telephone 10 zihenze kurusha izindi ku isi

By Menya
Inkuru

Inkuru zisekeje n’izitangaje zigutangiza 2023

By Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2025 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya