MenyaMenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Search
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika
© 2025 Menya.co.rw. All rights reserved.
Ubumenyi

Sobanukirwa igitera ikirunga kuruka

Menya
Last updated: May 24, 2021 5:22 pm
Menya
Share
Ikirunga kiri kuruka
Ikirunga kiri kuruka
SHARE
Kwamamaza
Kwamamaza

Ibirunga bifite imiterere itangaje bitewe n’uburyo biba bimeze cyangwa uburyo biteye. Cyane cyane igitangaza abantu benshi ni uburyo mu mbere h’ibirunga haturukamo umuriro uri ku bushyuhe bwo hejuru utemba nk’igikoma.

Contents
  • Imiterere y’ikirunga
  • Ikirunga kiruka biturutse ku ki?
  • Umusozo

Ahantu ibikoma by’ikirunga byageze havugwa izindi nkuru, hahita hahindura isura kuko uyu muriro ntacyo usiga mu nzira.

Muri iyi minsi, mu mujyi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) abantu batari bacye bakuwe mu byabo n’ikiza cyatewe no kuruka kw’ikirunga cya Nyiragongo.

Ibi bisa n’aho byatunguranye; byabaye ngombwa ko abantu bari baturiye iki kirunga bava mu byabo bagahunga, kuko ikiza ni ikintu mutajya inama.

Indi nkuru wasoma: Ibintu 5 bihamya ko isi ari umubumbe udasanzwe

Ese ni iki gitera ikirunga kuruka? Reka turebe ibitera ikirunga icyo aricyo cyose kuruka, kuko uburyo bijyendamo ni bumwe usibye itandukaniro rito cyane.

Imiterere y’ikirunga

Isi ni umubumbe udahwema gukora. Ibirunga byahozeho mu ma miliyari y’imyaka ishize na mbere y’uko umuntu asobanukirwa ibyerekeranye nabyo.

Ikirunga ni nk’umusozi iyo ukirebye, ariko umusozi utandukanye n’indi dusanzwe tuzi kubera ko gikora nk’inzira ituma ibintu biri mu nda y’isi bisohoka.

Kwamamaza
Kwamamaza

Indi nkuru wasoma: Imijyi ifite imyihariko utasanga ahandi ku isi

Nanone kandi ibirunga byose siko biba bifite ubushobozi bwo kuruka. Hari ibyiciro bitatu bitandukanye by’ibirunga, ibirunga bigaragaza ibimenyetso byo kuruka mu gihe cya vuba (active), ibigaragaza ibimenyetso byo kuzaruka mu gihe kirekire kiri imbere (dormant) n’ibyazimye (extinct).

Ese ikirunga kivuka gute?

Ikirunga kivuka bitewe no kwikusanya kw’ibikoma bituruka mu nda y’isi bizwi nka Magma (igihe bikiri mu nda y’isi) cyangwa Lava (igihe byasohotse hanze).

Ni ukuvuga ko uko ikirunga gikomeza kuruka kenshi kirushaho kujyenda gikura kubera uko kwikusanya kw’ibyo bikoma bigiturukamo.

Indi nkuru wasoma: Ese umuntu abaho ate mu buzima bwe bwose?

Icyakora rimwe na rimwe ikirunga gushobora kuruka kubera imbaraga ibigiturutsemo bizanye bigatuma nacyo ubwacyo cyangirika, ubu nibwo buryo gishobora kuganyuka.

Ikirunga kiri kuruka

Kubera kwikusanya bigakora ishusho y’umusozi ariko ufite igice kimeze nk’umwobo (opening) ariwo uturukamo ibikoma bishyushye.

Kwamamaza
Kwamamaza

Ikirunga kiruka biturutse ku ki?

Kubera ko mu nda y’isi haba ubushyuhe bukabije, bitera amabuye amwe n’amwe gushonga agahinduka nk’igikoma aricyo kitwa magma.

Muri icyo gihe ibyo bikoma birazamuka bikajyera hejuru (kubera ko biba bitaremereye nk’amabuye) bikihuriza hamwe (magma chambers). Ibi byumba magma zijyamo bikunze kuboneka munsi y’ubutaka bw’ibirunga.

Indi nkuru wasoma: Imijyi ikuze kurusha indi ku isi

Noneho igihe iyo kigeze bishobora gupfumura bigasohoka munsi y’ubutaka biciye muri wa mwobo w’ikirunga bikajyera hanze aricyo gitera ikirunga kuruka. Ibirunga biruka mu buryo butandukanye.

Ibikoma by’ikirunga (lava)

Ibirunga biruka mu buryo butandukanye, bishobora kuruka ibikoma bishyushye bijyenda bitemba, hari ibishobora kuruka umwotsi ndetse n’ivumbi rivanze n’amabuye.

Ubu nibwo bwoko bw’iruka ry’ibirunga; Hawaiian Eruption, Strombolian Eruption, Vulcanian Eruption, Plinian Eruption, Lava Domes, Surtseyan Eruption.

Umwotsi mwinshi uturuka mu kirunga

Umusozo

Kuruka kw’ibirunga bishobora gutera ibiza n’impanuka zikomeye harimo nko gusenya ibikorwaremezo, rimwe na rimwe no kubura ubuzima igihe bitunguranye.

Icyakora ubungubu kubera iterambere ntago ibirunga bihitana abantu benshi bitewe n’uko ibipimo bishobora kugereranya igihe ikirunga giteganya kuruka. Ketse izindi mpanuka zitandukanye zishamikiyeho (nko mu guhunga).

Indi nkuru wasoma: Impanuka za mbere zikomeye ku isi zatewe n’inganda

Niba ukunda inyandiko za Menya ushobora kujya umenyeshwa muri Email yawe mu gihe inyandiko nshya zasohotse bitakugoye. Nyura muri form iri munsi!

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ikirungaIsiMenyasobanukirwaUbumenyiubusobanuro
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Inkuru zisekeje kandi zinatangaje zigusozereza weekend
Next Article Umwotsi mwinshi uturuka mu kirunga Kubera iki umutingito ushobora kuba mu gihe ikirunga kiruka – Impamvu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Amateka ya ferruccio lamborghini
Ubumenyi

Amateka ya Ferruccio Lamborghini: Imfungwa yashinze uruganda rw’imodoka

By Menya
Money Heist
Inkuru

Money Heist: Impamvu wareba igice cya 5

By Menya
Ubumenyi

Ibintu utari uzi mu muziki

By Menya
Amano n'inzara z'umwana
Ubumenyi

Kubera iki umuntu agira inzara z’amano?

By Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2025 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya