MenyaMenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Search
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika
© 2026 Menya.co.rw. All rights reserved.
Ubumenyi

Menya ibimenyetso 5 ubona ku bikarito n’icyo bisobanuye (igice cya 1)

Menya
Last updated: March 10, 2021 5:14 am
Menya
Share
SHARE
Kwamamaza
Kwamamaza

Kimwe mu bintu maze kubona ni uko ibimenyetso byose aho biva bikagera bifite akamaro gakomeye cyane mu mikorere n’imikoranire y’abantu. Kandi ni ahantu hose!

Contents
  • #10 Utwambi tureba hejuru
  • #9 Ikirahuri kimenetseho
  • #8 Ibiganza bikikije igikarito
  • #7 Umugabo uri guterura
  • #6 Umutaka n’imvura

Gusa usanga rimwe na rimwe tubyirengagiza nkana cyangwa se rimwe na rimwe tutanazi icyo bisobanuye bikaba bishobora no kuduteza igihombo gikomeye.

Indi nkuru wasoma: Inkweto 5 zitajya ziva kuri poze.

Reka rero uyu munsi turebe ibimenyetso dusanga ku bikarito bipfunyika ibicuruzwa n’icyo bisobanuye kugira ngo twitandukanye n’igihombo cyo kutamenya.

#10 Utwambi tureba hejuru

Mu cyongereza iki kimenyetso bacyita “This side up”, ni utwambi tubiri tureba hejuru. Kikubwira uburyo ugomba guterekamo igikarito. Ni ukuvuga ngo aho utwo twambi tureba niho hagomba kujya hejuru.

iIndi nkuru wasoma: Ubumenyi wagira muri 2021

Ibi ni ukugira ngo igikarito nugitereka utaza kugitereka mu rubavu cyangwa ugicuritse ibirimo bikangirika, cyangwa bikameneka igihe byoroshye.

Kwamamaza
Kwamamaza

#9 Ikirahuri kimenetseho

Aho uzabona iki kimenyetso hose, uzitondere uko utwara icyo gikarito n’ibintu birimo, kuko gisobanuye ko ari ibintu byoroshye cyane bishobora kumeneka.

Iki kimenyetso uzakibona cyane cyane ahantu harimo ibirahuri, ibyuma by’ikoranabuhanga ndetse n’ibindi bintu byose byangirika ku buryo bworoshye.

Indi nkuru wasoma: Ibintu utashobora gukora n’umubiri wawe

Iki kimenyetso gihinduranywa hagati y’ikirahuri kimenetse n’ikitamenetse ubwo aho ariho hose uzabona ikirahuri uzahite ubyibwira.

#8 Ibiganza bikikije igikarito

Iki kimenyetso kijya gusobanura kimwe n’icya 6 ariko aha bisobanuye ko ari ikintu ushobora guterura ahubwo ko ugomba kugiterurana ubwitonzi.

Indi nkuru wasoma: Inkuru zakoze amateka ku isi.

Mu cyongereza iki kimenyetso kiravuga ngo “Handle with care” bishatse gusobanura ngo “bifatane ubwitonzi”. Ibintu uzabonaho icyo kimenyetso uburyo bwose ubitwaramo uzabitwarane ubwitonzi.

Kwamamaza
Kwamamaza

#7 Umugabo uri guterura

Kuri uyu mugabo uri guterura igikarito urabona ko ahagana ku mugongo we hari udukoni dutatu (3) tumeze nk’ibishashi (n’ubwo atari byo rwose).

Indi nkuru wasoma: Umusozi ufite izina utabasha gusoma

Iki kimenyetso gisobanuye ko utabasha guterura icyo kintu uri wenyine bisaba ubufasha bwisumbuyeho nk’akagare k’imizigo cyangwa ubundi bufasha ku muntu.

#6 Umutaka n’imvura

Iki kimenyetso ukikibona wakibwira icyo gisobanuye utiriwe usoma. Ikimenyetso cy’umutaka uri kugwaho ibitonyanga by’imvura kivuga ngo “Keep Dry”.

Iki kimenyetso gisobanuye ko igikoresho icyo aricyo cyo kiri muri icyo gikarito kigomba gushyirwa ahantu humutse neza, mbese hadatose kugira ngo kitangirika.

Indi nkuru wasoma: Amazina ababyeyi bise abana babo wakibazaho

Niba utari usobanukiwe ibimenyetso bimwe na bimwe ukaba utajyaga unabyitaho, nakubwira ko ari ingenzi cyane kuko utabyitayeho bishobora kukuviramo igihombo.

Ni aho mu gice cya kabiri ngusobanurira n’ibindi bimenyetso usanzwe ubona ku bikarito n’ibindi bipfunyika by’ibicuruzwa bigiye bitandukanye.

Niba ukunda inkuru za Menya ushobora kwifashisha form yo hasi ukajya ubasha kubona inyandiko zose bikoroheye.

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ibikaritoMenyarwandaUbumenyiubusobanuro
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Menya inkweto 5 zitajya ziva kuri poze (zihora zigezweho)
Next Article Kompanyi utari uzi ko zitunze inganda z’imodoka zikomeye ku isi
2 Comments
  • Marcel says:
    May 2, 2021 at 5:46 pm

    Muzatubwire kunyuguti ya R iri muruziga iba kubicuruzwa

    Reply
    • Menya says:
      May 2, 2021 at 5:51 pm

      Murakoze cyane ku bw’igitekerezo muduhaye, tuzabikora!

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Ubumenyi

Menya Applications 10 wakabaye ufite muri telefone yawe

By
Menya
Inkuru

Ibuka zimwe muri izi Slangs 14 zo muri interina

By
Menya

Menya imyitwarire igaragaza ko umuntu afite ubwenge bwo mu mutwe

By
Rosine Nzakizwanimana
Inkuru

Icyo wamenya kuri Filime “A Quiet Place” igice cya 2.

By
Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Inkuru zo gutebya
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2025 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya