MenyaMenyaMenya
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Font ResizerAa
Font ResizerAa
MenyaMenya
Search
  • Ahabanza
  • Inyandiko
  • Ibyiciro
    • Ubumenyi
    • Inkuru
    • Ifashe
  • Menya
    • Andika
    • Igitabo
Have an existing account? Sign In
Follow US
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika
© 2026 Menya.co.rw. All rights reserved.
Ubumenyi

Menya ibimenyetso 5 ubona ku bikarito n’icyo bisobanuye (igice cya 2)

Menya
Last updated: March 16, 2021 12:28 pm
Menya
Share
SHARE

Nyuma yo kubona ibimenyetso bigaragara ku bikarito igice cya mbere (1), ndagarutse n’igice cya 2 hariho ibindi bitandukanye ariko nabyo by’ingenzi ukwiye kumenya.

Contents
  • Ibimenyetso kubimenya bizagufasha iki?
  • #5 Abantu babiri bateruye
  • #4 Ibikarito bigerekeranye n’agakubo
  • #3 Akagare k’imizigo
  • #2 Umuntu uri kujugunya
  • #1 Udukarito tugerekeranye hagati harimo umubare

Ibimenyetso kubimenya bizagufasha iki?

Bizagufasha ahantu henshi hashoboka rwose by’umwihariko niba uri umucuruzi cyangwa se uri mu bwikorezi bw’ibintu biba bipfunyitse.

Ariko si ibyo gusa kuko no mu buzima busanzwe byagufasha kumenya uko ufata igikoresho cyawe uramutse ukiguze kugira ngo kitangirika.

Reka turebe ibindi bimenyetso bigaragara ku bikarito ukwiye kuba wamenya.

Niba utarasoma igice cya 1 — Gisome hano

#5 Abantu babiri bateruye

Aha n’ikimenyetso ubwacyo kirivugira. Ni ukuvuga ngo iki kimenyetso kikubwira ko ibikoresho biri mu gikarito udashobora kubyifasha wenyine ariko ko undi muntu yagufasha kugiterura.

Gusa si itegeko ko ari abantu babiri bagiterura gusa, ahubwo n’ubundi bufasha bw’abantu barenze umwe wabona hafi aho wabwifashisha ntakibazo.

Kwamamaza
Kwamamaza

Indi nkuru wasoma: Inkweto zitajya ziva kuri poze.

#4 Ibikarito bigerekeranye n’agakubo

Aho uzabona hose iki kimenyetso uzamenye ko kikubuza ibikoresho biri muri icyo gikarito utagomba kubigerekeranya cyangwa ngo ubigerekeho ibindi. Iki gikora kubintu bishobora kwangirika biramutse byongereweho nk’ibindi biro hejuru.

Mu bimenyetso biri imbere turaza kubonamo ikindi cyenda gusa n’ikingiki ariko hagati yabyo harimo itandukaniro rito cyane ariko rifite akamaro.

Indi nkuru: Gukoresha irembo bitagusabye konti.

#3 Akagare k’imizigo

Akamenyetso k’akagare k’imizigo gateruye ibintu gasobanuye ko ibyo ibikoresho biri mu gikarito bikwiye kugenda ku kagare k’imizigo.

Kwamamaza
Kwamamaza

Kenshi na kenshi iki kimenyetso gishyirwa ku bintu biremereye cyane umuntu abantu batabasha guterura, kikaba gifitanye isano n’ikimenyetso cya 7 mu gice cya 1.

#2 Umuntu uri kujugunya

Iki kimenyetso cy’umuntu uri gushyira ibintu mu gakangara k’imyanda kiboneka ahantu hacye ku bikarito.

Gishatse gusobanura ko iyo urangije gukoresha igikoresho runaka ugishyira cyangwa ukijugunya ahabugenewe.

Indi nkuru: Ibintu wumva bisanzwe kandi ahandi bibujijwe.

#1 Udukarito tugerekeranye hagati harimo umubare

Ahantu hose uzabona hari iki kimenyetso uzamenya ko ubujijwe kugerekeranya ibyo bikoresho kugeza ku rwego rungana n’umubare wanditse.

Urugero nk’uko handitsemo 4 ni ukuvuga ngo ntiwemere kurenza ibikarito 4 ubigerekeranyije, iki kimenyetso ariko nacyo ntigikunze gukoreshwa cyane.

Aha rero niho iki gitandukanira n’icyo twabonye kuri numero ya 4 (hejuru) kubera ko cyo kikubuza kugerekeranya na rimwe.

Niba ukunda inyandiko za Menya, ushobora kujya umenya inshyashya zageze ku rubuga bikoroheye, ukoresheje form iri munsi.

Kwamamaza
Kwamamaza

TAGGED:ibikaritoibimenyetsoikimenyetsokimenyetsoMenyarwandaUbumenyi
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Menya inkuru zitangaje utigeze wumvaho na rimwe
Next Article Ninde ufite abaturage benshi mu bihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC)?
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

Inkuru

Ibintu 5 bitangaje utari uzi ku isi

By
Menya
Money Heist
Inkuru

Money Heist: Impamvu wareba igice cya 5

By
Menya
Ubumenyi

Torrent: Sobanukirwa imikorere y’ubu buryo

By
Menya
Ubumenyi

Ibibuga by’umupira w’amaguru 10 byakira abantu benshi ku isi

By
Menya

Abo Turibo

Menya ni urubuga rutangaza inkuru zitandukanye kandi zigufasha kuruhura umutwe. Ushobora no kubonaho inkuru z’ubumenyi utari usanzwe uzi.

Inyandiko

  • Ifashe
  • Inkuru
  • Inkuru zo gutebya
  • Ubumenyi

Ibindi

  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Andika

Ku mbuga nkoranyambaga

Copyright © 2020-2025 Menya.co.rw. All rights reserved.

MenyaMenya